wex24news

Kigali umwana wa Afande yibye imbunda ya Se arirasa ahita ahasiga umuzima.

Urupfu rw’umusore w’imyaka 24 wo mu rugo rw’umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel rukomeje kuvugwa cyane ku mbuga nkoranyambaga.

Amakuru ducyesha UMUSEKE avuga ko uyu mwana w’umusore uri mu kigero k’imyaka 24 yibye imbunda ya Se yo mu bwoko bwa pisitoli akayijyana mu nzu yo hanze akirasa.

Amakuru akomeza avuga ko ibi byabereye mu Murenge wa Rusororo, Akagari ka Kabuga ya II, Umudugudu wa Gatare.

Uyu musore witwa Shyaka Jesi wiyahuye bivugwa ko yari asanzwe yiga mu gihugu cy’ubushinwa. Uyu musore ubwo yirasaga byabaye ari mu mvura nyuma ababyeyi bamushakishije bamusanga mu nzu yo hanze yapfuye.

Umwe mu bahaturiye yabwiye UMUSEKE dukesha iyi nkuru ko byabaye ku itariki 07/01/2024 bimenyekana mu masaha ya saa kumi n’imwe za mu gitondo tariki 08/01/2024.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *