wex24news

Perezida wa Rayon Sport yaburiye abafana ba Rayon Sport ko uzagerageza kumukubita azisanga muri moruge(uburuhukiro)

Perezida wa Rayon Sport yaburiye abafana ba Rayon Sport ko uzagerageza kumukubita azisanga muri moruge(uburuhukiro)

Nyuma y’uko umukino Rayon Sport iheruka gukina yatsinzwe 2 kuri 1 na Gasogi United, abafana bamwe na bamwe bagaragaje imico itari myiza yo gushaka gukubita abayobozi.

Nyuma y’iyo mico abafana bagaragaje, mu nama Perezida wa Rayon Sport yatangaje amagambo akomeye yakuye bamwe imitima.

Yagize ati ” inama z’abafana zarateranye bagirango bakubite Uwayezu hamwe na Patrick ngo kuko ikipe yatsinzwe!, iyo bahansanga bakankubita bakareba!. nari kuva aho njya kwirega kuri polisi mvuga ngo nakoze ibi kuko narindi kwitabara, iyo hagira ubugerageza yari kwisanga muri moruge(uburuhukiro bw’abitabye Imana)”.

Aya magambo yatumye benshi ku mbuga nkoranyambaga bamutindaho ndetse bamwe bavuga ko ibyo yavuze bidakwiye ku muntu w’umuyobozi.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *