wex24news

Zari Hassan yahaye isomo ry’ubuzima abiyita ‘Slay Queen’ ahishura ikintu gikomeye.

Zari Hassan ntabwo yariye iminwa ubwo yagarukaga ku kaga yahuye nako ubwo yari umukozi wo mu rugo.

Uyu mugore w’abana 5 wamamaye kuva muri Uganda kugera muri Afurika y’Epfo yagaragaje ko urukundo no gukorera amafaranga byari byaranze kumuhira ubwo yakoraga akazi kagayitse.Zari kandi yavuze ko ubuzima bwa ‘Fake’ aba Slay Queen babamo aribwo butuma batazigamira ejo hazaza cyangwa ngo bakorere ku ntego.

Mu mashusho yanyujije kumbuga nkoranyambaga ze , Zari yavuze ko aba Slay Queens , batakaza amafaranga menshi mu bidafite umumaro kandi nyamara ngo ntahandi bafite akazi kazwi kayabaha.Ati:”Nubwo ubu meza neza , bamwe bakaba batunzwe nanjye ariko nayeho nabi nkora akazi kabi”.

Yasabye Slay Queens baca mu gikari bakamwaka amafaranga, guhaguruka bagakora uturimo twinjiza ngo kabone nubwo byaba ari ukugurisha amakara.Zari kandi yahaye gasopo abavuze ko yakijijwe n’ibyo umugabo we ‘Ivan Don’ yasize.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *