wex24news

U Rwanda rurarinzwe- ab’i Rubavu batanze ibitekerezo ku ntambara yo muri Congo

Kuva amakimbirane ya M23 na Guverinoma ya RD Congo yakongera kubura mu mpera za 2021 urusaku rw’imbunda ntiruhosha.

Uyu mutwe wegeye imbere uvuye munsi y’ikirunga cya Sabyinyo ugera i Kibumba muri 25km mu majyaruguru ya Goma, aho umaze igihe kirenga umwaka.

Abarwanyi ba M23 aho kumanuka ngo bafate Goma bakomeje bagana Iburengerazuba za Masisi none ubu bari mu mbago za Sake mu birometero bicye mu burengerazuba bwa Goma.

Ibihumbi by’abaturage bahunze iyo mirwano birunze mu mujyi wa Goma usanzwe ari uwa gatatu muri Congo nyuma ya Kinshasa na Lubumbashi.

Uyu mujyi niwo sangano rya mbere ry’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro nka zahabu, coltan n’ayandi acukurwa mu birombe by’ i Masisi, Walikale n’ahandi muri Kivu ya Ruguru.

Ni umujyi winjiragamo ibicuruzwa byinshi biturutse i Gisenyi mu Rwanda binyuze ku mupaka wa Petite Barrière uri mu ya mbere wanyurwagaho na benshi muri Afurika, ubu byarazambye.

Iyi mirwano ya M23 na Leta ya Congo n’abambari bayo yakuruye umwuka mubi watumye urujya n’uruza rugenda biguru ntege.

Leta ya Kinshasa ishinja Kigali gufasha umutwe wa M23, ibirego Kigali ihakana.

– Advertisement –

Ni mu gihe kandi u Rwanda rudahwema kwereka amahanga ko Tshisekedi yanywanye na FDLR yakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Hagati aho Guverinoma ya Congo ntiyahwemye gushotora u Rwanda binyuze muri dipolomasi no mu bikorwa bya gisirikare.

Ibyifuzo bya Tshisekedi byo gutera u Rwanda ngo agakuraho ubutegetsi akoresheje indege z’intambara biri mu byatumye u Rwanda rwibikaho ubwirinzi bwo mu kirere no ku butaka.

Congo yakinishije kohereza abasirikare mu Karere ka Rubavu, abagerageje kurasa ku nzego z’umutekano z’u Rwanda bafashwe mpiri abandi basubizwayo ari imirambo.

Mu bushotoranyi bw’icyo gihugu hari n’ibisasu byatewe mu mirenge ihana imbibi na RD Congo, inzego z’umutekano z’u Rwanda n’ubuyobozi baba hafi abaturage.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *