wex24news

Afurika y’Epfo: Impuguke zikomeje kwemeza ko SANDF idafite ubushobozi bwo guhangana na M23.

Ingabo zidafite ibikoresho, ingabo zitatojwe bihagije, zitari aho zakagombye kuba ni bimwe mu byo abatavuga rumwe n’ubutegetsi.nka Julius Malema, umuyobozi w’ishyaka EFF, baheraho bavuga ko Ingabo za Afurika y’Epfo zigomba guhita zihava. Ati: “Ingabo zacu ntizishobora no kurinda amashu, nta cyo zamara mu murima wanjye. Ntabwo dufite ubushobozi, ANC yangije igisirikare. »

Ku rundi ruhande rwa politiki, Ihuriro riharanira demokarasi rirashinja Perezida Ramaphosa kohereza abasirikare mu rupfu. Ngo nta myiteguro n’ibikoresho byo gukorera ahantu hagoye. Ikibazo ngo cyaturutse ku kugabanya ingengo y’imari, nk’uko umunyamakuru w’inzobere, Darren Olivier ukorera urubuga rwa Defenceweb abitangaza.

“Kugabanya ingengo y’imari, nini kandi bisubirwamo, bigabanya imbaraga z’ingabo. Bagabanya ubushobozi bwazo bwo gukorera hanze no gukora operations nk’izo zigoye. Kuri njye, ni ikosa kohereza itsinda rifite ibikoresho nk’ibyo, urebye urwego rw’ikibazo n’imyiteguro y’itsinda rinini nka M23. »

Minisitiri w’ingabo, Thandi Modise, yagize ati: “Tuzakora ibishoboka byose kugira ngo ibikoresho byose bikenewe bitangwe.”

Minisitiri w’ingabo muri Congo, Jean-Pierre Bemba, we yihanganishije imiryango y’abishwe kandi yizeza ko Repubulika ya Demokarasi ya Congo ntacyo itazakora ngo irinde ingabo za SADC zoherejwe mu burasirazuba bw’igihugu.

Ibiganiro hagati y’abakuru b’ibihugu muri Namibia

Mu gihe Perezida wa Namibiya, Hage Geingob yashyinguwe ku Cyumweru mu murwa mukuru Windhoek, abakuru b’ibihugu benshi bari bitabiriye uyu muhango baboneyeho umwanya wo kuganira ku ntambara ikomeje kubera mu burasirazuba bwa DRC.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *