wex24news

Umukandida Faye utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Senegal yatangaje ko yiteguye amatora ya prezinda wiki gihugu.

Nibura batanu mu bakandida 19 bari mu irushanwa basohoye itangazo nyuma y’ibyavuye mu matora by’agateganyo nyuma y’amatora yo ku Cyumweru, bashimira Faye w’imyaka 44 y’amavuko.

Uwahoze ari Minisitiri w’intebe, Amadou Ba, umukandida w’ishyaka riri ku butegetsi, yavuze ariko ko ibirori bitaragera nk’uko iyi nkuru dukesha Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, ivuga.

Abashinzwe kwiyamamaza kwa Ba mu itangazo bagize bati: “Ku ruhande rwacu, kandi urebye ibitekerezo byatanzwe n’ibisubizo byatanzwe n’itsinda ryacu ry’impuguke, tuzi neza ko, ni biba bibi, tuzajya mu cyiciro cya kabiri.”

Abantu babarirwa muri za miriyoni bitabiriye igikorwa cyo gutora perezida wa gatanu wa Senegal mu mahoro nyuma y’imyaka itatu y’imyivumbagatanyo ya politiki itarigeze ibaho yateje imyigaragambyo yo kurwanya leta kandi yongereye imbaraga abatavuga rumwe n’ubutegetsi.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *