wex24news

Brig Gen (Rtd) Kahuria ukuriye ubunyamabanga bwa EASF yamaze kugera murwanda aho yamaze kwakirwa na Minisitiri w’Ingabo, ari kumwe n’Umugaba Mukuru w’ingabo za RDF, Gen. Mubarakh Muganga.

Uru ruzinduko rwari rugamije kumenyesha Minisitiri w’Ingabo n’Umugaba Mukuru wa RDF, nk’Umuyobozi w’inama y’abaminisitiri ba EASF (CoM) n’ukuriye Komite ya EASF y’abagaba bakuru b’ingabo za (EACDS), ku bikorwa bya EASF, ibikorwa biteganijwe mu 2024 n’aho bigeze mu ishyirwa mu bikorwa.

Ibihugu bifite ingabo mu mutwe wa EASF biteraniye i Kigali mu nama y’iminsi ine igamije gusuzuma uko imyiteguro yo guhangana n’ibiza imeze ku bihugu bigize uyu muryango, guteza imbere ubufatanye, no kungurana imikorere myiza mu gushimangira imyiteguro.

Intego nyamukuru y’aya mahugurwa ni uguhuza ingamba zo guhangana n’ibiza n’ibyorezo mu karere ka EASF mu gihe hategurwa gahunda ifatika yo gushyira mu bikorwa ingamba zifatika mu rwego rw’ibikorwa by’ubutabazi n’ibiza (HANDS).

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *