wex24news

mu gihugu cya Uganda umuturage usanzwe ari umumotari yarwanaga intambara y’urudaca n’amabandi ashaka kumwambura moto.

Uwitwa Muganzi Felix w’imyaka 23 yahamije ko yatatswe n’amabandi yari yitwaje imihoro. Felix yanze kwemera ko moto ye bapfa kuyijyana gutyo gusa, ahitamo kurwana yivuye inyuma, gusa ariko byaje kurangira moto ye bayitwaye barayihisha.

Ubwo rero uyu mumotari yari hafi kugeza abagenzi atwaye aho bumvikanye, yatunguwe no kubona bafite imihoro ityaye. Bahise batangira imirwano kuko bashakaga ko abahereza moto ye ariko aranga ababera ibamba.

Umumotari yaje kubona ko bitari bumworohere kurwana wenyine, mu gihe amabandi yari afite imihoro yashoboraga kumutemamo kabiri.

Abaturage baje guhurura nibo bafashije Felix gusingira umwe mu bisambo byari bifite intwaro. Igisambo cyamenyekanye nka Amanya Joel nicyo cyakomeje imirwano ari nabwo ikindi gisambo cyateraga moto umugeri kirayihungana. Abaturage bahise bahamagara inzego z’umutekano ziherereye muri Bulenga.

Urwego rushinzwe umutekano muri Uganda ’Uganda Police Force’ rubinyujije ku rubuga rwa X, rwatangaje ko abakora ibyaha bihungabanya umutekano bazajya babiryozwa, runaboneraho rushimira abaturage bakomeje gutanga amakuru afitanye isano n’ubu bujura. Ibinyamakuru bitandukanye muri Uganda nka New Vision, Explorer Uganda na TV47 Digital byanditse ko hari abakomeje gukorwaho iperereza, ndetse no gushakishwa.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *