wex24news

Kenya:Perezida Ruto yatangaje ko abaganga batazongezwa umushahara.

Ibi Perezida Ruto abitangaje nyuma y’uko muri Werurwe 2024 abaganga bagera kuri 4000 bo mu bitaro bya Leta batangiye imyigaragambyo mu gihugu hose, bashinja Leta kuba yarananiwe gushyira mu bikorwa amasezerano bagiranye mu 2017 yo kubongeza umushahara nyuma y’imyigaragambyo bakoze muri uwo mwaka yamaze y’iminsi 100 icyo gihe abantu bagapfa kubera kubura ubuvuzi.

Perezida Ruto yavuze ko yumva imimerere y’ikibazo bafite cyo kutoroherwa no kwigondera ibyo bakeneye ariko ko nta bushobozi mu mafaranga buhari.

Ati “Nzi ko hari ikibazo muri Kenya cyugarije abaganga bacu n’abimenyereza uwo mwuga ariko ndashaka kubasaba ko twe nk’igihugu tugomba kwemeranya ko tugomba kubaho mu bushobozi dufite.”

Yavuze ko rwose igihugu kititeguye kubongeza umushahara mu mafaranga kidafite kuko ubushobozi gifite ari ubwo kubishyura nibura Sh70,000 (hafi ibihumbi 700Rwf) buri kwezi.

Perezida Ruto kandi yababwiye ko ikibazo cy’imishahara kiri mu bikomereye igihugu ndetse ko bateganya gukora inama hagati muri Mata yo gusuzumira hamwe ndetse bakaba bavugurura imbonerahamwe y’imishahara ku bakozi ba Leta bose. Ibyo ngo bishingiye ku kuba imishahara ihabwa abakozi ba Leta muri Kenya itwara amafaranga angana na 47% y’ayo igihugu cyinjiza nyamara itegeko ritegenya ko atagomba kurenga 35% y’ayo igihugu cyinjiza ku mwaka.

Yagaragaje kandi ko igihugu kigiye kugabanya ingengo y’imari ya buri mwaka ikava kuri mashilingi miliyari 4000, ikagera kuri miliyari 3000 mu rwego rwo kuyihuza n’amikoro y’igihugu.

Ibi Perezida Ruto abitangaje nyuma y’uko muri Werurwe 2024 abaganga bagera kuri 4000 bo mu bitaro bya Leta batangiye imyigaragambyo mu gihugu hose, bashinja Leta kuba yarananiwe gushyira mu bikorwa amasezerano bagiranye mu 2017 yo kubongeza umushahara nyuma y’imyigaragambyo bakoze muri uwo mwaka yamaze y’iminsi 100 icyo gihe abantu bagapfa kubera kubura ubuvuzi.

Perezida Ruto yavuze ko yumva imimerere y’ikibazo bafite cyo kutoroherwa no kwigondera ibyo bakeneye ariko ko nta bushobozi mu mafaranga buhari.

Ati “Nzi ko hari ikibazo muri Kenya cyugarije abaganga bacu n’abimenyereza uwo mwuga ariko ndashaka kubasaba ko twe nk’igihugu tugomba kwemeranya ko tugomba kubaho mu bushobozi dufite.”

Yavuze ko rwose igihugu kititeguye kubongeza umushahara mu mafaranga kidafite kuko ubushobozi gifite ari ubwo kubishyura nibura Sh70,000 (hafi ibihumbi 700Rwf) buri kwezi.

Perezida Ruto kandi yababwiye ko ikibazo cy’imishahara kiri mu bikomereye igihugu ndetse ko bateganya gukora inama hagati muri Mata yo gusuzumira hamwe ndetse bakaba bavugurura imbonerahamwe y’imishahara ku bakozi ba Leta bose. Ibyo ngo bishingiye ku kuba imishahara ihabwa abakozi ba Leta muri Kenya itwara amafaranga angana na 47% y’ayo igihugu cyinjiza nyamara itegeko ritegenya ko atagomba kurenga 35% y’ayo igihugu cyinjiza ku mwaka.

Yagaragaje kandi ko igihugu kigiye kugabanya ingengo y’imari ya buri mwaka ikava kuri mashilingi miliyari 4000, ikagera kuri miliyari 3000 mu rwego rwo kuyihuza n’amikoro y’igihugu.

Ibi binashimangirwa no kuba mu bihugu umunani bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba Kenya ari yo iza imbere mu gukoresha ingengo y’imari nini.

Ibi binashimangirwa no kuba mu bihugu umunani bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba Kenya ari yo iza imbere mu gukoresha ingengo y’imari nini.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *