wex24news

Musanze: Bihanangirijwe kudakora amatsinda asenya ubumwe bw’Abanyarwanda 

Byagarutsweho kuri uyu wa 7 Mata 2024, ubwo hatangizwaga icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

Ni igikorwa cyabanjirijwe no gucana urumuri rw’icyizere no gushyira indabo ku Rwibutso rw’Akarere ka Musanze ahahoze court d’ appel, bakomereza ku Rwibutso rwa Busogo naho hashyirwa indabo hakomereza ibiganiro.

Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi banenga ubunyamaswa bwagizwe na bamwe mu banze guhisha Abatutsi bahigwaga, ahubwo bakarebera ubwicanyi bakorerwaga.

Visi Perezida wa Ibuka mu Karere ka Musanze Fidel Karemanzira, avuga ko kimwe mu byatije umurindi Jenoside yakorewe Abatutsi muri Musanze by’umwihariko mu Murenge wa Busogo ahahoze ari Komini Mukingo ari akazu kahabaga, asaba Abanyarwanda kunga Ubumwe birinda icyagarura amacakubiri.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *