Nta makuru arambuye atangwa ku by’iyi mirwano, gusa bivugwa ko Wazalendo na FARDC aribo babanje kugaba ibitero muri utu duce, hanyuma M23 igasubiza yirwanaho inarengera abaturage.
Gusa bivugwa ko nano hari indi mirwano yahuje izi ngabo za Leta na M23 ibera mu duce twa Shasha na Bweramana bifuza kwigarurira aka gace kugirango bafungure umuhanda wa N2 ufitwe n’izi ntare za Sarambwe.
Ni mu gihe hari hashize iminsi itari myinshi hatumvikana imirwano mu bice bitandukanye bya Kivu ya Ruguru, ariko ibikorwa by’urugomo n’ubugizi bwa nabi byo byari bikomeje kwiganza.