wex24news

Abadepite bo mu Bwongereza bateye utwatsi umushinga w’itegeko rirebana no kohereza abimukira mu Rwanda.

Londo: Abadepite banze ubugororangingo bw'abasenateri mu mushinga w'itegeko rireba u Rwanda

Umushinga w’itegeko, ryagiweho impaka cyane, kuri uyu wa Kabiri ugomba gusubira muri Sena kugira ngo wongere usuzumwe neza.

Bije mu gihe raporo zerekana ko u Bwongereza bwagiranye ibiganiro n’ibindi bihugu, birimo na Armenia, ku bijyanye no kwigana iyo gahunda.

Gahunda yo kohereza bamwe mu basaba ubuhungiro mu Rwanda yahuye n’ibibazo kuva yatangazwa bwa mbere muri Mata 2022 na guverinoma ya Boris Johnson.

Uyu mushinga w’itegeko uvuga ko u Rwanda rufite umutekano, ushoboka kuzatorwa muri iki cyumweru, ku bwiganze bwa guverinoma, bivuze ko andi mavugurura yose yazanwa n’abagize inteko ishinga amategeko yateshwa agaciro.

BBC ivuga ariko ko udashobora kuba itegeko kugeza igihe Abasenateri n’Abadepite bakumvikana ku ijambo rya nyuma.

Ubu urasubira muri Sena, aho biteganyijwe ko wongera gusuzumwa kuri uyu wa Kabiri, hakaba hashobora kugira izindi mpinduka zishobora kongera amakimbirane mu nteko.

Mu matora yo ku wa Mbere, abadepite banze ubugororangingo butandatu, bumwe muri bwo bukaba bwari gutanga uburenganzira bwo gusonera abantu bafashije Ingabo z’u Bwongereza mu mahanga.

Guverinoma kandi yanze umuhamagaro wo gusonera abakorewe ubucakara bugezweho muri gahunda y’u Rwanda, ahubwo isaba ko hakorwa ubugororangingo bwatanga raporo ya buri mwaka ku ngaruka za politiki ku bahohotewe, buza gutorwa.

Nkuko byatangajwe mu kinyamakuru Times, inyandiko z’imbere muri guverinoma zerekana ko ibihugu bya Costa Rica, Cote d’Ivoire na Armenia bifatwa nk’andi mahitamo yo gukoreramo iyi gahunda, mu gihe yaba igenze neza mu Rwanda.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *