wex24news

Bagiye gutora umuyobozi wabo mushya

Umuryango Kiyovu Sports watumije inama y’Inteko Rusange Idasanzwe izatorerwamo Umuyobozi wawo mushya ku Cyumweru, tariki ya 26 Gicurasi 2024.

Inteko rusange izabera kuri Hotel Chez Lando yatumiwemo abanyamuryango bose ba Kiyovu Sports. Ubutumire buvuga ko ku murongo w’ibyigwa hari “kuvugurura amategeko shingiro n’amabwiriza ngengamikorere no kuzuza imyanya.”

Kiyovu Sports imaze iminsi iyobowe na Mbonyumuvunyi Abdul Karim wari Visi Perezida wa Mbere nyuma yo kwegura kwa Ndorimana Jean François Régis ’Général’ wari Perezida muri Mutarama.

Kiyovu Sports yasoje Shampiyona ari iya gatandatu, yaranzwe no kudahemba abakinnyi ndetse kuri ubu ntiyemerewe kugura abandi kubera ko yafatiwe ibihano na FIFA kubera amadeni y’asaga miliyoni 50 Frw ibereyemo abo yirukanye binyuranyije amategeko.