wex24news

yashyikirijwe impapuro zemerera u Rwanda guhagararirwa muri Zambia

Ambasaderi Bugingo Emmanuel, yashyikirije Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu.

Ambasaderi Bugingo Emmanuel, yari asanzwe ari Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko, nyuma y’uko yahawe izi nshingano n’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 25 Mutarama 2024, akaba yarasimbuye Rugira Amandin wari usanzwe muri uyu mwanya.

Ibi bihugu byombi bisanganywe umubano wihariye, ibyashimangiwe n’uruzinduko Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame, yagiriye muri Zambia, aho yasuye ahantu hatandukanye harimo n’Umujyi w’Ubukerarugendo rwa Livingstone, muri Mata 2022. Icyo gihe Perezida Kagame muri Zambia, we na mugenzi we, Hakainde Hichilema bakurikiranye isinywa ry’amasezerano arindwi mu nzego zitandukanye harimo n’ajyanye n’ubufatanye mu bucuruzi n’ishoramari