wex24news

yashimye bikomeye impano ya Ways

Umuhanzikazi Victoria Kimani w’imyaka 38 uri mu bakomeye mu muziki wa Afurika ndetse unafite izina ku Isi nzima, yavuze ko yakunze bikomeye ubuhanga bwa Ariel Wayz abajijwe niba yakwishimira gukorana nawe indirimbo ahamya ko nta kidashoboka.

Ubwo yari amaze kureba umukino we wa nyuma wa BAL, Victoria Kimani yasanganiwe n’abanyamakuru bamubaza uko yakiriye gutumirwa i Kigali, anabazwa niba asanga ari ahantu yazakorera igitaramo mu minsi iri imbere.

Abajijwe niba hari umuhanzi w’Umunyarwanda azi, Victoria Kimani yagize ati “Hari umuhanzikazi waririmbye’ ejobundi’ Ariel Wayz afite impano idasanzwe.”

Abajijwe niba asanga yakwishimira ko bakorana indirimbo, Victoria Kimani yavuze ko nta kidashoboka, ati “Kubera iki bitashoboka? Ni umuhanzikazi mwiza nishimiye.”

Ku kijyanye no gukorera igitaramo mu Rwanda, Victoria Kimani yagize ati “Ngomba kuzagaruka rwose, ni ibintu byaba bishimishije ndamutse nje.”