wex24news

U Rwanda rwakiriye ibikoresho bigezweho mu buvuziĀ 

Minisiteri yā€™Ubuzima yatangaje ko yamaze kwakira icyiciro cya mbere cyā€™ibikoresho bishya bigezweho bigiye kwifashishwa mu buvuzi bwo gupima indwara zā€™imbere mu mubiri wā€™umuntu, byaguzwe na Leta yā€™u Rwanda ku bufatanye nā€™Ikigo cyā€™Abadage, Siemens Healthineers, kimaze kubaka izina mu gukora ibikoresho byā€™ikoranabuhanga bigezweho mu buvuzi.

Ni amakuru iyi Ministeri yatangaje kuri uyu wa 20 Kamena 2024 binyuze mu itangazo yageneye itangazamakuru, inatangaza ko ibyo biri gukorwa mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ubuvuzi bufite ireme mu Rwanda.

Minisiteri yā€™Ubuzima kandi yatangaje ko iyi gahunda izakomeza mu rwego rwo guteza imbere ubuvuzi mu bitaro nā€™amavuriro haba mu mijyi no mu byaro, abahatuye bakitabwaho hanimakazwa uburyo bwo kwifashisha iryo koranabuhanga mu gutahura indwara hakiri kare, bakavurwa kandi bagakira vuba.

Ibi bikoresho kandi byitezweho kugira uruhare runini mu gufasha inzobere mu buvuzi mu Rwanda, mu mitangire myiza ya serivisi.