wex24news

 Mpayimana yiyemeje kuzazamura umushahara bishingiye ku masaha y’akazi

Umukandida wigenga ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Mpayimana Philippe yavuze naramuka atorewe kuba Umukuru w’Igihugu yifuza igihugu cyazashora imari mu murimo kuko ubukungu azabuzamura bishingiye ku kubara amasaha Umunyarwanda akora.

Mu kwiyamamaza kwe, Umukandida Mpayimana yibanze ku ngingo yo kuzamura ubukungu bw’Igihugu aho yabwiye abaturage b’i Kayonza ko ubukungu azabuzamura bishingiye ku kubara amasaha Umunyarwanda akora.

Image

Mpayimana yavuze ko natorwa umurimo uzashingira kugukorera ku masaha kuko kuwubara hashingiwe ku munsi bidahagije bitewe nuko umunsi ugira amasaha 24, yavuze ko umurimo nubarwa hashingiwe ku masaha y’akazi bizatuma hazamo kubaha umurimo no kubaha umukozi.

Yasabye abashaka akazi kujya bagera ahakorerwa imirimo aho gusabira akazi kuri telefoni. Yakomeje avuga ko gushaka akazi ari ukubihagurukira hagashyirwamo imbaraga kugira ngo kaboneke kuko ngo iyo kabonetse gatuma umuturage akemura ibibazo yari afite.

Mpayimana Philippe n’umugore we n’abamufasha mu bikorwa byo kuzenguruka Igihugu asanga Abanyarwanda aho bari, akabagezaho imigabo n’imigambi, ari nako abasaba kuzamutora mu matora ateganyijwe hagati y’itariki 14-15 Nyakanga 2024.