wex24news

mu gace ka Kaseghe habereye imirwano hagati ya m23 na FARDC

Haravugwa imirwano hagati y’inyeshyamba za M23 na FARDC ifatanyije n’ingabo z’u Burundi na Wazalendo mu gace ka Kaseghe muri Lubero.

featured-image

Umuvugizi wa Sosiyete sivile muri ako gace yabwiye Rwandatribune dukesha iyi nkuru, ko imitwe ya Wazalendo,FARDC n’ingabo z’u Burundi aribo bateye umutwe wa M23.

Nyuma yo kumva ko M23 ishaka gukomeza ibitero byo kwigarurira aka gace karimo ibiro bikuru bya Teritwari ya Lubero,aba Wazalendo ngo bahise birukira gushinga ibirindiro mu gace ka Alimbongo batangira kurasa kuri M23.

Benshi mu ba Wazalendo bitabiriye iyi mirwano n’abaje baturutse mu mujyi wa Butembo ,batifuza ko umutwe wa M23 wakomeza kwagura ibirindiro muri Lubero.

Agace ka Kaseghe, niko murwa mukuru wa Gurupoma ya Musindi gaherereye mu ntera y’ibirometero 20 ugana muri gurupoma ya Kirumba,teritwari ya Lubero,Kivu y’amajyaruguru.

Abasesenguzi mu bya politiki basanga umutwe wa M23 nyuma yo gufata Kanyabayonga na Kirumba,uduce dusigaye muri Grand Nord tutazagora uyu mutwe wa M23 cyane ko higanje abaturage b’abandandi badakunda intambara.