wex24news

natorwa arashaka ko u Rwanda rwajya rutegura ‘Africa Day’

Umukandida wigenga wiyamamaza ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, Mpayimana Philippe, yavuze ko aho u Rwanda rugeze rukwiye kujya rutegura Africa Day kugira ngo Abanyafurika bajye biyumva mu Rwanda nk’abari iwabo.

Image

Uyu mukandida yemeza ko natorwa azashyigikira ko u Rwanda rwajya rutegura Africa Day kugira ngo Abanyafurika basanzwe bitabira Rwanda Day barusheho kumva ko igihe bageze mu Gihugu biyumva nk’abari iwabo.

Ati “Indi ngingo mu bubanyi n’amahanga ni uko u Rwanda rushobora kuba inkingi y’ubumwe Nyafurika, nk’uko rutegura Rwanda Day tugategura African Day. Abanyafurika basanzwe baza muri Rwanda Day, n’ubundi bakumva bameze nk’abari iwabo nibwo Abanyafurika bazarushaho kwiyumva iwabo mu Rwanda.”

Mu migabo n’imigambi yakubiye mu ngingo 50 agenda agaragariza ababa baje kumva ibyo abateganyiriza.