wex24news

Imvura idasanzwe yatunguye abaturage

Imvura itunguranye ivanze n’urubura yaguye mu Karere ka Karongi mu Murenge wa Gitesi, yangiza ibikorwa by’ubuhinzi by’abaturage, inangiza imirima y’icyayi cya Gisovu.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi bwatangaje ko iyo mvura yaguye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 08 Nyakanga 2024, mu masaha ya saa cyenda z’amanywa, yangiza imirima y’imyaka y’abaturage, yahise itangira kubarurwa ngo hamenyekane agaciro k’ibyangiritse.

Mukase avuga ko biteguye guhangana n’ibiza kuko hari ahantu hatatu hateganyijwe ho kwakirira ababa bahuye n’ibiza, kandi hari ibikoresho by’ibanze birimo n’iby’ubuvuzi biteganyijwe, akanavuga ko hakomeje kubarurwa ibyangiritse ngo ahagaragaye ikibazo babafashe.

Usibye mu Karere ka Karongi, iyi mvura biravugwa ko yaguye no mu bindi bice bitandukanye by’Igihugu.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *