wex24news

Premier Betting yafunze imiryango mu Rwanda

Ikigo gikora ibijyanye no gutega n’imikino y’amahirwe cya Premier Betting cyari kiri mu biri imbere mu Rwanda, cyahagaritswe, nyuma yuko icyemezo cyacyo cyo gukorera mu Rwanda cyarangiye.

Image

Mu ibaruwa iki kigo cyari gisigaye kitwa Solidaire Rwanda Ltd, cyandikiwe na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yanasinyweho na Minisitiri Prof. Jean Chrysostome Ngabitsinze, igaragaza ko, kitongerewe uruhushya rwo gukomeza gukora ibikorwa by’imikino y’amahirwe.

Cyari cyasabye MINICOM uruhushya mu mwaka ushize ndetse icyo gihe cyari gifite uburenganzira bwo gukomeza ibikorwa byo gutega kugeza icyemezo ntakuka ku busabe bwacyo gifashwe.

Mu ibaruwa iki kigo cyandikiwe mu kwezi gushize, igaragaza ko ubu busabe butigeze bwemerwa ndetse kikaba kitemerewe gukomeza ibikorwa byacyo.

Iki kigo nacyo giheruka kwandikira abari basanzwe bakigana ko kitagikorera mu Rwanda, bityo abari bafite amafaranga yabo kuri konti zacyo bayabikuza mu maguru mashya.