wex24news

Hatanzwe ikiruhuko mu minsi ibiri y’Amatora

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo(MIFOTRA), yatangaje ko tariki ya 15 n’iya 16 Nyakanga 2024, ari iminsi y’ibiruhuko.

MIFOTRA yatanze iminsi ibiri y'ikiruhuko mu gihe cy'Amatora

Biteganyijwe ko ku wa Mbere tariki ya 15 Nyakanga 2024, Abanyarwanda bazitabira amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite. Uwo munsi rero azaba ari uw’amatora rusange mu gihe ku wa 16 Nyakanga azaba ari Umunsi w’Amatora y’ibyiciro byihariye.

Ni amakuru iyi Minisiteri yatangaje ibinyujije mu itangazo yashyize ku rubuga rwa X.

Minisiteri y’Abakozi ba Leta yagize iti “Iyo minsi yombi [Ku wa Mbere no ku wa Kabiri] izaba ari iminsi y’ikuruhuko rursange mu rwego rwo guha Abanyarwanda umwanya wo kuzuza inshingano zabo mbonezagihugu.”

Aya matora biteganyijwe ko azitabirwa n’abarenga miliyoni 9 ndetse n’ama site y’itora akaba yaramaze guteganywa igisigaye akaba ari umunsi nyirizina.

NEC yemeza ko ibyavuye mu matora bizatangazwa by’agateganyo bitarenze tariki ya 20 Nyakanga mu gihe ku buryo bwa burundu bizatangazwa bitarenze tariki ya 27 Nyakanga 2024.