wex24news

yitiranyije Zelensky wa Ukraine na Putin

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yitiranyije Volodymyr Zelensky wa Ukraine na Vladimir Putin w’u Burusiya ubwo bahuriraga mu nama y’umuryango NATO yaberaga i Washington D.C.

Zelensky yitabiriye iyi nama nk’umutumirwa kugira ngo ageze ku bakuru b’ibihugu byo muri NATO ibyo Ukraine ikeneye kugira ngo ishobore gutsinda intambara yashojweho n’u Burusiya muri Gashyantare 2024.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye nyuma y’iyi nama, Perezida Biden yarondoye ubufasha NATO iteganyiriza Ukraine, mu gihe yari agiye guha Zelensky ijambo, agira ati “Ubu ndagira ngo mpe umwanya Perezida wa Ukraine ufite umurava mwinshi kandi witeguye. Bagore namwe bagabo, Perezida Putin.”

Biden yakomewe amashyi, ava aho yavugiraga ijambo. Bigaragara ko yibutse ko yibeshye, maze asubirayo aribaza ati “Perezida Putin? Ngiye gukubita Perezida Putin. Perezida Zelensky. Ndi kwibanda cyane ku gukubita Putin.”

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, wari mu bakuru b’ibihugu bakurikiye iki kiganiro n’abanyamakuru, yatangaje ko nta muntu udashobora kwibagirwa cyangwa ngo yitiranye amazina. Ati “Hari ubwo twese ururimi runyerera. Byigeze kumbaho kandi n’ejo byambaho.”