wex24news

Nkundineza yasabiwe gufungwa imyaka itanu

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwaburanishije ubujurire mu rubanza rw’Umunyamakuru Jean Paul Nkundineza wajuriye agasanga n’ubushinjacyaha bwarajuririye icyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, asabirwa guhanishwa igifungo cy’imyaka itanu.

Mu iburanisha ryo kuri uyu wa 17 Nyakanga 2024, Ubushinjacyaha bwagaragaje ko butishimiye imikirize y’urubanza rwa Nkundineza kubera inenge zarugaragayemo.

Umushinjacyaha yagaragaje ko Nkundineza atigeze yemera icyaha kuva mu bugenzacyaha kugeza mu rubanza mu mizi, nyamara Urukiko rw’Ibanze rumugabanyiriza ibihano.

Ati “Inenge ya mbere ni uko urukiko rwemeje ko Nkundineza Jean Paul yahamijwe icyaha cyo guhohotera uwatanze amakuru ariko rumuhanisha igihano gito.”

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwavuze ko icyaha cyo gukwirakwiza ibihuha kidahama Nkundineza kuko nta bimenyetso ubushinjacyaha bwatanze nyamara bwarabitanze.

Umushinjacyaha yasobanuye ko kuba Nkundineza yaratangaje abinyujije kuri YouTube ko Mutesi Jolly ari gukora ubukangurambaga bukomeye bwo kumvisha bamwe mu batangabuhamya mu rubanza rwa Prince Kid ngo bashinje uregwa, nta bimenyetso abifitiye bigize icyaha cyo gukwirakwiza ibihuha.

Nkundineza Jean Paul yagaragaje ko atigeze atangaza amakuru y’ibihuha kuko nta makuru y’ukuri ubushinjacyaha bugaragaza yagombaga gutangaza.

Yasabye ko Urukiko Rwisumbuye rwazashingira ku mategeko agenga umwuga w’Itangazamakuru.

Yasabye ko inkuru bavuga yatangaje bakwiye kuzereka urukiko kuko ibyo yagiye yerekwa ko ari amakosa yagiye abikosora.

Nkundineza yerekana umugore wa Prince Kid ari we wamuhaye amakuru, bityo we kuba yaratangaje ibyo yabwiwe na nyir’ubwite nta kosa ririmo.

Ku cyaha cyo guhohotera uwatanze amakuru, yavuze ko link ziri mu kirego zakumvwa mu rukiko kuko nta makuru na make yigeze atangaza y’ibihuha atayabwiwe na nyir’ubwite.

Nkundineza yagaragarije urukiko ko hari ibyo yavuze birimo ngo Mutesi Jolly ni “Mafia”, ni “Akagome”, byose yabikosoye nyuma yo kugirwa inama na RMC.

Yavuze ko Mutesi Jolly yabajijwe n’inzego z’ubutabera niba hari ikibazo afitanye na Nkundineza avuga ko ntaho baziranye, ahubwo ko yaba yarakoreshejwe n’abantu bari bafite inyungu mu rubanza rwa Prince Kid.

Umwunganizi wa Nkundineza yagaragaje ko impamvu z’ubujurire bw’ubushinjacyaha zidakwiye guhabwa ishingiro kuko urukiko rw’Ibanze nta kosa rwakoze, rutanga ibihano biteganywa n’amategeko.

Uyu munyamategeko avuga ko Mutesi Jolly agaragara muri uru rubanza nk’umutangabuhamya, asaba kwemeza ko ibyo Nkundineza yatangaje bitafatwa nk’uwahohoteye umutangamakuru nyamara ari umutangabuhamya.

Umushinjacyaha yavuze ko kuba amagambo yavuzwe na Nkundineza atagaragara kuko yakosoye bidakuraho ko yakoze icyaha kuko hari abantu bari bamaze kuyafata no kuyahererekanya, urubanza ruzasomwa tariki 31 Nyakanga saa Kumi.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *