wex24news

Sheikh Tamim yashimiye Perezida Kagame wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda

Emir wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani yashimiye Perezida Paul Kagame wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda, muri manda y’imyaka itanu iri imbere amwizeza kurushaho guteza imbere ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.

Image

Ni ubutumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa Kane tariki ya 18 Nyakanga 2024, bwiyongera ku bwagiye butangazwa n’abandi ba Perezida mu bihugu bitandukanye bashimiye Perezida Kagame ku ntsinzi yagize mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye tariki ya 14 na 15 Nyakanga 2024.

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, kandi ku ya 1 Nyakanga yari yoherereje Perezida Paul Kagame ubutumwa bwo kwifatanya n’Abanyarwanda, mu gihe bizihiza imyaka 62 ishize igihugu kibonye ubwigenge.

Kugeza ubu u Rwanda rufitanye umubano na Qatar ushingiye ku bintu bitandukanye, aho indege za Qatar Airways zikora ingendo zihuza imijyi ya Doha na Kigali.

Umubano w’ibihugu byombi watangiye gutera imbere cyane mu 2015, aho ku wa 26 Gicurasi muri uwo mwaka, ibihugu byombi byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu birebana no kurwanya ibiyobyabwenge. Aya masezerano yari yahujwe n’inama yigaga ku bibazo biterwa n’ikwirakwizwa ry’ibiyobyabwenge (Qatar International Anti-Drug Forum) yaberaye i Doha muri icyo gihugu.

Muri Gashyantare mu 2024 Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, byagarutse ku mubano w’ibihugu byombi no ku bibazo by’akarere na mpuzamahanga. Emir wa Qatar yakiriye Perezida Kagame mu biro bye, Lusail Palace.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *