wex24news

Abahitanwa n’impanuka ku Mugabane wa Afurika bakomeje kwiyongera

Raporo nshya y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) igaragaza ko nubwo Afurika ifite 3% by’imodoka ziri ku Isi yose, uyu Mugabane ari wo wibasiwe n’imfu zikomoka ku mpanuka zo mu mihanda mu myaka 14 ishize, ndetse ko abantu bagera ku bihumbi 250 baguye muri izo mpanuka mu 2021 gusa.

A scene of a fatal accident where a Howo truck collided with other vehicles in Kamonyi District. According to Rwanda National Police, a total of 1,971 people have been killed since 2020 because of road accidents countrywide. Courtesy,

Ibi OMS yabitangaje ku wa 16 Nyakanga 2024, inakomoza ku kuba imfu zikomoka ku mpanuka zo mu muhanda, zariyongereye ku kigero cya 17% muri Afurika hagati ya 2010 na 2021, mu gihe icyo kigereranyo cyamanutse kikagera kuri 5% ku mpuzandengo y’Isi muri rusange.

Aturika ifite abaturage bangana na 15% by’abatuye Isi yose, ikagira 3% gusa by’imodoka zo ku Isi, ariko yihariye 20% by’imfu zikomoka ku mpanuka zo mu mihanda zigaragara ku Isi yose.

OMS igaragaza ko ibyo biterwa n’uko uyu Mugabane utari washyira imbaraga mu mategeko agenga imikoreshereze itekanye y’umuhanda, ntihanabe amategeko agenga ibyo kugendera ku muvuduko wo hejuru hirya no hino.

Imihanda mibi, imodoka zishaje, kutagira amatara n’ibyapa ku mihanda, kutagira inzego z’umutekano zikurikira ibibera mu muhanda, ubusinzi no kutagira gahunda zifatika zishyiraho uburyo bwo kwigisha imodoka, ni bimwe mu bindi bibazo byagaragajwe ko byibasiye Afurika.

OMS kandi igaragaza ko umubare munini w’abagwa muri izo mpanuka muri Afurika, ari abagabo bari mu kigero cy’imyaka iri hagati ya 15-64 y’amavuko. Ni mu gihe abanyamaguru, abatwara amagare na moto ari bo bibasiwe na zo kurusha abandi. Ku rundi ruhande, imfu z’abatwara moto zikubye kabiri mu myaka 10 ishize.

Ikindi kibazo giteye inkeke ni uko isoko rya Afurika rikomeje kuba indiri y’imodoka zishaje kuko ziri kuhagurishwa ku bwinshi zikuwe ku yindi migabane cyane cyane ifite ibihugu byateye imbere

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *