wex24news

Turikiya ishobora kwinjira mu ntambara ya Israel na Hamas

Perezida Recep Tayyip Erdogan wa Turukiya yatangaje amagambo akomeye ateguza gutera Israel mu rwego rwo gufasha abanya-Palestine, ibinyamakuru byo muri Israel byasubiyemo amagambo ya Erdogan agira ati “Tugomba kuba dukomeye cyane kugira ngo Israel itabasha gukora ibintu ikorera Palestine.”

featured-image

Ibi yabitangaje ku wa 28 Nyakanga 2024 mu nama yamuhuje n’abanyamuryango b’ishyaka rye riharanira ubutabera n’iterambere.

Erdogan yagize ati “Tugomba gukomera ku buryo Israel itakomeza kugaba ibitero muri Palestine, nk’uko twinjiye muri Karabakh cyangwa muri Libya ni nako tugomba kubigenza kuri Palestine ntacyo tutakora kugira ngo intambara ihagarare.”

Mu 2020, Turikiya yemeje itegeko rimara umwaka ryo kohereza ingabo muri Libya mu rwego rwo gushyigikira guverinoma ya Libya yemewe n’Umuryango w’Abibumbye, ubwo yari mu ntambara y’abenegihugu.

Erdogan avuga ko ari nako bagomba kubigenza kuri Palestine kugira ngo intambare ihagarare.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *