wex24news

Meghan Markle yahishuriyemo ko yanyuze mu bihe bigoye agashaka kwiyahura

Meghan Markle yabigarutseho mu kiganiro we n’umugabo we Prince Harry bagiranye na CBS, aho bamurikaga umushinga ugamije gufasha ababyeyi babuze abana biturutse ku mbuga nkoranyambaga bise “The Parent’s Network’’.

Ubwo Markle yavugaga ku ngaruka gusererezwa ku mbuga nkoranyambaga bishobora kugira ku bana bato, yitanzeho urugero.

Mu 2021 uyu mugore yigeze kubwira Oprah Winfrey ko yashatse kwiyahura, ibintu avuga atajya yifuriza undi muntu uwo ari we wese kuba yagirira ibyiyumviro, agakangurira abantu kujya bita kuri bagenzi babo bakamenya uko biyumva n’ubwo baba bagaragaza ko bameze neza inyuma.

Ati “Niba njye ndi kuvuga ibyo naciyemo nkabitsinda bishobora gutuma umuntu runaka akira bikarengera ubuzima bwe, cyangwa se bikaba byakangura abantu bakumva ko bakwiriye kujya bamenya uko bagenzi babo biyumva ntibarebere inyuma gusa uko bagaragara neza ngo bagire ngo buri kimwe kimeze neza.’’

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *