wex24news

Abasengera i Kanyarira no mu ishyamba rya Kabgayi bihanangirijwe

Abasengera mu musozi wa Kanyarira no mu ishyamba rya Kabgayi mu Turere twa Ruhango na Muhanga, bavuga ko gusengera muri ibi bice baba bizeye ko amasengesho yabo agera ku Mana, ndetse abafite ibyifuzo bigasubizwa.

Image

Leta y’u Rwanda irasaba aba baturage kudasengera ahantu hashyira ubuzima bwabo mu kaga nko mu mashyamba, ku misozi, mu bitare n’ahandi hatemewe. 

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), yatangaje ko mu bice bitandukanye by’u Rwanda hagaragaye ahantu 109 hasengerwa hatemewe hashyira ubuzima mu kaga.  

Ku musozi wa Kanyarira no mu ishyamba rya Kabgayi, haracyagaragara abantu baza kuhasengera nubwo ari hamwe mu hatemewe gusengerea hagaragajwe n’inzego z’ubuyobozi. 

Ubwo yakiraga indahiro ya Minisitiri w’Intebe, n’iz’Abadepite, Perezida wa Repuburika Paul Kagame na we akaba yaragarutse ku kibazo cy’insengero, avuga ko ikibazo kirimo ahanini gishingiye ku nsengero zitujuje ibisabwa.

No ku bihayimana usanga bashuka Abanyarwanda, bakabatwara imitungo yakabaye ibafasha kwiteza imbere, ndetse Perezida avuga ko atazihanganira abakomeza  gushuka Abanyarwanda ngo babateze ubukene.

N’ubwo aba bavuga ko gusengera mu ishyamba no mu misozi bibahuza n’Imana, Bizimana Eric Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, arasaba abasengera mu misozi kwibuka ko aho baba basengera hatemewe ndetse hashobora no gushyira ubuzima bwabo mu kaga, ku buryo bakwiye kujya basengera ahantu hemewe.

Ubwo yakiraga indahiro ya Minisitiri w’Intebe, n’iz’Abadepite, Perezida wa Repuburika Paul Kagame na we akaba yaragarutse ku kibazo cy’insengero, avuga ko ikibazo kirimo ahanini gishingiye ku nsengero zitujuje ibisabwa.

No ku bihayimana usanga bashuka Abanyarwanda, bakabatwara imitungo yakabaye ibafasha kwiteza imbere, ndetse Perezida avuga ko atazihanganira abakomeza  gushuka Abanyarwanda ngo babateze ubukene.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *