wex24news

Israel Mbonyi yageze i Kampala

Mu ijoro ryo ku wa Kabiri rishyira ku wa Gatatu tariki 21 Kanama 2024, ni bwo Israel Mbonyi yageze mu Mujyi wa Kampala aho ategerejwe mu gitaramo azahakorera ku wa 23 Kanama 2024 mbere y’uko yerekeza i Mbarara aho azataramira ku wa 25 Kanama 2024.

Akigera ku kibuga cy’indege i Entebbe mbere yo kwerekeza muri Onomo Hotel aho acumbitse, Israel Mbonyi yavuze ko yishimiye kuba agiye gutaramira muri Uganda, igihugu ubusanzwe yagendagamo agiye gusura inshuti n’abavandimwe.

Ibi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ryari ryagiye kumwakira ku kibuga cy’indege cy’i Entebbe ari ryinshi.

Uyu muhanzi ariko kandi yaboneyeho umwanya wo gutumira abakunzi b’umuziki we batuye i Kampala no muri Uganda muri rusange abasaba kuzitabira ari benshi ndetse abizeza kuzahagirira ibihe byiza.

Ati “Ndabatumira ngo bazaze dufatanye guhimbaza Imana, sinjye uzarota kigeze nkabana nabo.” Ubu ni ubutumwa yageneye abifuza kwitabira igitaramo cye yaba i Kampala ndetse n’i Mbarara.

Israel Mbonyi agiye gukorera ibitaramo bibiri muri Uganda nyuma yo gutaramira muri Kenya mu minsi ishize, ndetse amakuru ahari agahamya mu minsi iri imbere agomba kuzataramira muri Tanzania.

Ibi bitaramo bizenguruka Akarere byahereye i Burundi mu bihe byashize, bizasorezwa i Kigali aho Israel Mbonyi azataramira ku wa 25 Ukuboza 2024 nkuko amaze kubimenyereza abakunzi be.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *