wex24news

Anita Pendo yamaze kwerekeza kuri Kiss FM

Nyuma y’uko Anita Pendo asezeye kuri RBA, byakunze guhwihwiswa ko agiye kwerekeza kuri Kiss FM asimbuye Sandrine Isheja mu kiganiro ‘Celebs Breakfast’ kiva ku wa Mbere kugeza ku wa Gatanu.

Anita Pendo umaze iminsi ashyize umukono ku masezerano, iki cyumweru turangije yakimaze ari kwihugura ku mikorere ya Kiss FM.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 6 Nzeri 20, Anita Pendo yatumiwe mu kiganiro ‘Celebs Breakfast’ binahita byemezwa ko yinjiye mu muryango w’abanyamakuru b’iyi radiyo aho azatangirira akazi ku wa Mbere tariki 9 Nzeri 2024.

Image

Pendo wari umaze imyaka 10 mu kigo cy’Igihugu cy’itangazamakuru, RBA, mu minsi ishize yagisezeyeho ahamya ko yahagiriye ibihe byiza icyakora ntiyakomoza ku ho yerekeje.

Muri RBA Anita Pendo yamenyekanye mu biganiro nka Magic Morning, Friday Flight na The Jam nubwo hari n’ibindi yashoboraga kugaragaramo.

Anita Pendo ni umunyamakuru wamamaye cyane mu bitangazamakuru binyuranye akaba Umu-DJ n’umuyobozi w’ibitaramo bikomeye mu Rwanda.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *