wex24news

Amerika yanze ibyo gushinga NATO muri Aziya

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zamaganye igitekezo cyo gushinga Umuryango mushya w’Ubutabarane umeze nka NATO cyangwa se kuwagurira muri Aziya, ivuga ko atari cyo kintu gikenewe cyane uyu munsi.

NATO Public Forum 2023 at the Lithuanian Exhibition and Congress Center. G7 countries address a media conference during a NATO summit in Vilnius. From left to right: French President Emmanuel Macron, U.S. President Joe Biden, Japan's Prime Minister Fumio Kishida, Ukrainian President Volodymyr Zelenskiy, Canada's Prime Minister Justin Trudeau, Italian Prime Minister Giorgia Meloni during G7 media conference, Lithuania, Vilnius, 12 July 2023 (Photo: Alexi Witwicki/Reuters).

Amerika ibitangaje nyuma y’uko Minisitiri w’Ingabo w’u Buyapani Shigeru Ishiba unahabwa amahirwe yo gutorerwa kuba Minisitiri w’Intebe, asabye ko iyi ngingo iganirwaho mu buryo bwimbitse.

Yavuze ko bikwiriye ko ibihugu byo muri Aziya by’inshuti za Amerika, bishyirirwaho uburyo buhurije hamwe bw’ubwirinzi bumeze nk’ubwa Amerika n’ibihugu by’i Burayi (NATO), cyangwa se bigafashwa gushinga uwabyo.

Kuri uyu wa Kabiri Umuyobozi Wungirije ushinzwe Aziya mu Ishami rya Amerika ry’Ububanyi n’Amahanga, Daniel Kritenbrink yavuze ko igitekerezo cy’u Buyapani nta shingiro gifite.

Ati “Haracyari kare kuvuga iby’umutekano uhuriweho muri ubwo buryo. Icyo twibanzeho ubu, ni ibijyanye n’inzira zisanzwe z’umutekano no gukomeza kuziha imbaraga, ibindi tuzaba tubireba.”

Nubwo Amerika idashaka kwerura ngo yubaka umuryango umeze nka NATO muri Aziya, yagiye ifasha ibihugu by’inshuti zayo muri ako gace kugira uburyo bw’ubwirinzi buhambaye, ibintu ibihugu nk’u Bushinwa bibona nk’ubushotoranyi.

Umuryango wa NATO Amerika ibarizwamo washinzwe mu 1949, ugamije guhangana na Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyeti zari zikomeje kwagura imbibi. Wagiyemo Amerika n’ibindi bihugu byiganjemo iby’i Burayi, bagamije guhuriza imbaraga hamwe ngo birwaneho mu gihe Abasoviyeti baba babasumbirije.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *