wex24news

umuyobozi mukuru yatorokeye mu Bubiligi

Guverinoma y’u Burundi yemeje ko Germain Ndayishimiye wari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’uburezi mu Burundi ushinzwe uburezi bw’imyuga yatorokeye mu Bubiligi.

Uyu muyobozi yari yaragiye mu Bubiligi ku butumire bw’ikigo cy’iki gihugu gishinzwe iterambere, Enabel, muri gahunda yo gukarishya ubumenyi. Yagezeyo tariki ya 17 Ugushyingo, agomba gusubira mu Burundi ku wa 20 Ugushyingo 2024, ariko ntiyataha.

Minisitiri w’Uburezi mu Burundi, Prof François Havyarimana, tariki ya 2 Ukuboza 2024 yemeje ko Ndayishimiye yagiye mu Bubiligi ariko yanga gutaha, agena Léonidas Ngendakumana kuri uyu mwanya.

Mu ibaruwa Minisitiri Havyarimana yandikiye Ngendakumana, yagize ati “Nyuma y’aho Umuyobozi Mukuru ushinzwe uburezi bw’imyuga wari waragiye mu ruzinduko rw’akazi mu Bubiligi atagarutse, ntewe ishema no kubamenyesha ko nabagennye kuri uyu mwanya by’agateganyo.”

Abakorera muri Enabel bemeje ko Germain Ndayishimiye yatorotse kandi ko yasabye ubuhungiro mu Bubiligi. Gusa ntabwo impamvu yatumye atoroka yamenyekanye.

Inkuru y’abo Leta y’u Burundi yohereje mu butumwa bw’akazi mu mahanga, ntibatahe yaherukaga kumvikana muri Mata 2024. Icyo gihe abanyamakuru babiri b’igitangazamakuru cy’igihugu (RTNB) bari baherekeje Minisitiri w’Intebe, Gervais Ndirakobuca, mu Butaliyani baratorotse.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *