wex24news

amerika yibasiwe n’ ubukonje bukabije

Leta nyinshi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika zibasiwe n’ubukonje budasanzwe, aho urubura ruri kugwa ari rwinshi ruvanze n’umuyaga, ibyatumye ibibuga by’indege n’amashuri bifungwa.

Uru rubura ruri kugwa ari rwinshi ku buryo urwageze ku butaka rufite hagati ya santimetero 15 na 30. Igituma ibintu birushaho kuba bibi ni umuyaga uruherekeza, watumye kubona intera ndende birushaho kugorana, ku buryo gutwara imodoka no kugenda mu muhanda bitoroshye.

Lerta zibasiwe cyane zirimo Ohio, Arkansas, New Jersey, West Virginia, Missouri, Kentucky, Pennsylvania, Maryland na Kansas aho nibura amashuri arenga 100 amaze gufungwa. Iyi nkubi y’umuyaga uvanze n’urubura n’imvura bigendana n’ubukonje bukabije wahawe izina rya ‘Storm Blair.’

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *