wex24news

Perezida Kagame yakiriye uhagarariye Oromia yo muri Ethiopia

Perezida wa Repubulika Paul Kagame, Kuri iki Cyumweru tariki 12 Mutarama 2025, yakiriye Perezida w’intara ya Oromia yo muri Ethiopa, Shimelis Abdisa n’itsinda bari kumwe.

Image

Intara ya Oromia ni yo ya mbere nini muri Ethiopia aho igize 34% by’ubutaka bw’Igihugu cyose ndetse ikaba ari na yo ituwe cyane kurusha izindi Ntara.

Shimelis Abdisa yayoboye iyo Ntara kuva ku wa 18 Mata 2019, kugeza uyu munsi akaba ari na we Minisitiri mu Biro bya Minisitiri guhera mu mwaka wa 2018.

Uruzinduko n’itsinda arangaje imbere rugamije kurushaho kwagura umubano n’ubutwererane bw’ibihugu byombi mu nzego zirandukanye.

U Rwanda na Ethiopia bisanzwe bifitanye umubano ushingiye ku butwererane mu nzego zirimo ubuhinzi, ubucuruzi, uburezi n’izindi.

Ibyo bihugu byombi kandi bisanzwe bikorana bya hafi mu guhanahana amahugurwa n’imyitozo mu bya gisirikare.

Mu myaka itanu ishize, u Rwanda na Ethiopia basinyanye amasezerano y’ubufatanye kuri serivisi z’ingendo zo mu kirere, byahise bifungurira amarembo amakompanyi y’indege y’ibi bihugu arimo RwandAir na Ethiopian Airlines gusangira ikirere nta nkomyi.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *