wex24news

Umutwe wa M23 wafashe ibikoresho bya Gisirikare byinshi by’Ingabo za DRCĀ 

Umutwe wa M23 uheruka kwigarurira Umujyi wa Goma wo mu ntara ya Kivu yā€™Amajyaruguru, wafashe ibikoresho byinshi Ingabo za leta zifashishaga mu ntambara yari ihanganyishije impande zombi, birimo nā€™indege yo mu bwoko bwa Sukhoi-25.

Iyi ndege nā€™izindi ntwaro nyinshi zirimo izo mu bwoko bwa Katyusha, BM-21 nā€™izindi nyinshi zā€™imisada, M23 yazifatiye mu kibuga cyā€™indege cya Goma aho zari zishinze.

Iki kibuga M23 yagifashe nyuma nyuma yā€™imirwano yamaze iminsi ibiri yatangiye ku wa 26 Mutarama 2025.

Ni imirwano M23 yari ihanganyemo nā€™abasirikare babarirwa muri 480, barimo abo mu mutwe wā€™ingabo zidasanzwe za RDC (Hiboux) nā€™abo mu mutwe urinda Tshisekedi (Garde RĆ©publicaine).

Kuri ubu aba basirikare M23 yamaze kubafata mpiri ndetse ibambura intwaro zose bifashishaga bayirasaho.

Amashusho yafashwe nā€™Urwego rwā€™Igihugu rwā€™Itangazamakuru (RBA), yerekana Sukhoi-25 ya FARDC, kajugujugu za gisirikare nā€™ibibunda bya FARDC biri ku kubuga cyā€™indege cya Goma kuri ubu kigenzurwa na M23.

Sukhoi-25 umutwe wa M23 wigaruriye, FARDC yayifashishaga mu kurasa ku birindiro bitandukanye byā€™uriya mutwe muri Kivu yā€™Amajyaruguru.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *