wex24news

inkongi y’umuriro mu gihugu cya Afrika y’Epfo, wishe abantu batandatu.

Kuruyu wa Mbere tariki ya 15/07/2024, inkongi y’umuriro yandutse itwika abakozi bagera kuri 6 aho bari kuzimya uy’u muriro, mu Ntara ya Kwa Zulu-Natal.

Amakuru yatanzwe n’ibiro bya bashinzwe ubutabazi muri icyo gihugu, avuga ko abakozi ba 6 bamaze kuvamo umwuka w’abazima kandi ko bapfuye ubwo barimo bazimya uwo muriro.

Ibi biro byanavuze kandi ko umuriro wadutse ari uwavuye mu mashyamba aherereye muri iyi Ntara ya kwa Zulu-Natal.

Kandi bavuga ko uwo muriro ushobora kuba watwitswe n’abahiga inyamanswa bitemewe n’amategeko muri ibyo bice byo mu mashyamba ya kwa Zulu-Natal.

Yavuze kandi ko mu batumye uriya muriro waduka ko nabo bashobora kuba baburiyemo ubuzima bwabo nyuma y’uko imirima y’abaturage yafatwaga n’iyi nkongi y’umuriro kandi ari yo bihishyagamo.