wex24news

yongeye gutega indege Nyuma y’imyaka 17

Umuraperi P Fla wari umaze imyaka 17 adakandagira mu kibuga cy’indege yongeye gufata rutemikirere yerekeza i Dubai, aho agiye gutaramira ku nshuro ye ya mbere mu gitaramo gitegerejwe ku wa 20 Nyakanga 2024.

Uyu muraperi wahagurutse i Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa 19 Nyakanga 2024, byitezwe ko agera i Dubai mu rukerera rwo ku wa 20 Nyakanga 2024 umunsi n’ubundi azataramiraho.

P Fla yaherukaga mu kibuga cy’indege mu 2007 ubwo yari agaruwe mu Rwanda avuye muri Norvège kubera ibyaha byo gucuruza ibiyobyabwenge yari yarahakoreye ubwo yari yarimukiyeyo.

P Fla wari waragiye i Burayi kurangirizayo amashuri yisumbuye ndetse akahatangirira kaminuza, akaba n’umuhanga mu gukina Basketball cyane ko yakiniye ikipe ya Oslo Kings yaje kugira ikibazo cy’imyitwarire nyuma yo kwisanga mu kigare cy’urubyiruko rwamuraruye biba ngombwa ko acyurwa mu Rwanda ku gahato.

Uretse indege yamucyuye ku gahato yaherukagamo mu 2007, P Fla yongeye gufata rutemikirere mu gitondo cyo kuri uyu wa 19 Nyakanga 2024 yerekeza i Dubai aho agiye gutaramira.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *