wex24news

igiye gutangaza umutoza n’abandi bakinnyi bashya

Umunya-Brésil Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo uzwi nka Robertinho ashobora gutangazwa nk’Umutoza mushya wa Rayon Sports kuri uyu wa Mbere, tariki ya 22 Nyakanga, nyuma y’uko impande zombi zamaze kumvikana ibijyanye n’amasezerano.

Image

Rayon Sports yatangiye kwitegura umwaka w’imikino mushya wa 2024/25, nta mutoza mukuru ifite nyuma yo gutandukana n’Umufaransa Julien Mette muri Kamena.

Kuri uyu wa Mbere ni bwo iyi kipe itangaza byinshi birambuye kuri ‘Rayon Sports Week’ na ‘Rayon Sports Day’ iteganyijwe tariki ya 3 Kanama 2024.

Uretse umutoza, byitezwe ko kuri uyu wa Mbere ari bwo Rayon Sports itangaza ikipe izakina na yo ku Munsi w’Igikundiro aho yamaze kumvikana na Azam FC yo muri Tanzania.

Biteganyijwe ko uyu mukino wo ku wa 3 Kanama, uzabera kuri Stade Amahoro yakira abantu ibihumbi 45 bicaye neza.

Rayon Sports itegerejwemo kandi abakinnyi babiri bashya bataha izamu. Mu bo imaze iminsi iganira na bo harimo Umunya-Ghana James Akaminko wakiniraga Azam FC mu kibuga hagati ariko akaba yayerekezamo nk’intizanyo.

Abo yamaze gutangaza ni Ndikuriyo Patient, Fitina Omborenga, Ndayishimiye Richard, Omar Gning, Niyonzima Olivier ‘Seif’, Ishimwe Fiston, Nshimiyimana Emmanuel, Rukundo Abdul Rahman, Haruna Niyonzima na Prinsse Elenga-Kanga.

Umunya-Mali Adama Bagayogo w’imyaka 20, wigaragaje mu mukino wa gicuti Gikundiro yanganyijemo na Gorilla FC igitego 1-1 ku wa Gatandatu, byitezwe ko na we azazamurwa mu ikipe ya mbere.

Image

Rayon Sports izakina undi mukino wa gicuti n’Amagaju FC ku wa Gatatu saa Cyenda i Huye.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *