Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, mu Karere ka Ruhango, rwafunze abagabo babiri bakekwa gukoresha ibikangisho, basiga amazirantoki urugo rwa Mudugudu.
Abatawe muri yombi ni Nzabandora Vianney na Ntihabose Emmanuel bo mu Mudugudu wa Rusebeya,Akagari ka Buyogombe, Umurenge wa Ruhango , mu Karere ka Ruhango.
Uyu muyobozi ashinja aba batawe muri yombi kuko yaherukaga kubatangaho amakuru yuko ari abajura, bakamubwira ko bazamugirira nabi.
Ati “Icyo nifuza cya mbere ni uko inzego zibishinzwe zakurikirana ikibazo. Ikibazo gihari ni uko bazengereje abantu , twabivuga bakatwita abarwayi bo mu mutwe.”
Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruhango, Kayitare Wellars, anenga abasize amazirantoki ku nzu ya Mudugudu.
Ati “Mu by’ukuri igihari kimwe ni uko tutaramenya ababikoze ariko hari abakekwa, iperereza rirakomeza , nyuma nibwo tuzamenya niba hari abahamwa n’icyaha bakurikiranywe .
Nibaramuka bahamwe n’iki cyaha gifatwa nko gushyira ibikangisho kuri Mugudugu, bazahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya ibihumbi 300 Frw ariko atarenze ibihumbi 500 Frw.