Angell Mutoni uri mu baraperikazi babimazemo igihe mu Rwanda, yatangaje ko agiye gushyira hanze album ye ya mbere, nyuma yāimyaka 10 amaze akora umuziki.
Uyu mukobwa yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na IGIHE, aho yavuze ko nyuma yāigihe kinini amaze mu muziki yatekereje kuba yashyira hanze album izaba ari na yo ye ya mbere.
Ati āNdi kwitegura gushyira hanze album yanjye ya mbere. Hari igihe kigera ukareba ukabona bikwiriye. Igihe nikigera nzababwira izina. Izina ni nkāaho ndifite ariko ntarifite.āā
āIno myaka 10 mu rugendo rwanjye rwāubuhanzi ndi kugenda mba umuntu mukuru nkāumuhanzi. Nahuye na byinshi yaba muri studio cyangwa kuririmba ku rubyiniro. Ubu ni bwo akazi kari gutangira kuri njye.ā
Angell Mutoni watangiye aririmba cyane mu rurimi rwāIcyongereza, yabajijwe niba atarabangamiwe na byo, avuga atari rwo rwagiye rumuzitira ahubwo icyo gihe yari akiri kwiga uruganda.
Agaragaza ko gukora Hip Hop ari umukobwa byo ari kimwe mu bintu byagiye bimuzitira, kuko akenshi mu ruganda abantu benshi bagendaga babimwibutsa.
Angell Mutoni yari aherutse gushyira hanze Extended Play [EP] yise āFor Nowā igizwe nāindirimbo eshanu, yayikoranyeho na Dr. Nganji wo muri Green Ferry Music, iri mu nzu zitunganya imiziki zafashije benshi barimo Bushali, B-Threy nāabandi batandukanye bamaze kubaka amazina.
Ari mu bahanzi 10 bitabiriye RFI Prix DĆ©couvertes, mu 2016. Yagiye kandi agaragara mu maserukiramuco atandukanye muri Afurika yāIburasirazuba arimo Blankets & Wine, Kigali Up, Amani Festival, Bayimba nāayandi.