wex24news

Abantu bagera kuri barindwi bakurikiranyweho kwiba Miliyoni 100 Frw

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), kuri uyu wa Kane tariki 25 Nyakanga 2024 rweretse itangazamakuru abantu barindwi barimo Abanyarwanda n’abanyamahanga bakurikiranyweho kwiba muri Banki Miliyoni ijana z’Amafaranga y’u Rwanda, baciye mu ishami ryayo rikorera hanze y’Igihugu.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry, yatangaje ko aba batawe muri yombi biturutse ku makuru yari yamenyekanye bwa mbere bafata uwitwa Murindabigwi Patrick ufatwa nk’umuhuzabikorwa w’ubu bujura, Kabanyana Constance, Nyandwi Gilbert, Uwababyeyi Marie Leandre, Barungi Merard, Byaruhanga Baurice Samu, na Gatera Sam.

Ati “Murindabigwi yashatse abo nakwita aba ‘agents’ bashaka abandi bantu, cyane cyane urubyiruko bakarusaba gufunguza konti muri banki bakamuha n’ikarita ya ATM hanyuma babwira uwabahaye iyo numero ya konti ko hari amafaranga azajya aca kuri konti ye kandi ko umutekano wizewe, bakamubwira ko mu mafaranga azajya anyuzwa kuri konti ye azajya ahabwa 40%.”

Dr Murangira avuga ko aba bakekwaho ubwo bujura bizezaga uwabahaye konti ye ko ibimenyetso byose bitazigera bigaragara kuko hanze batabasha gutahura ibyo bikorwa.

Aba bose bafashwe konti zabo hari hacishijweho amafaranga, baza gufatwa bamaze kubikuza Miliyoni zigera kuri 99, bafatwa batari bazikuraho zose kuko kuri konti hafatiweho 65, izindi miliyoni 30 ni zo bagiye bagabagana bazishyira kuri konti zabo, bafatwa bagiye kuyashyira mu gihugu cy’abaturanyi.

Aba bose bafashwe konti zabo hari hacishijweho amafaranga, baza gufatwa bamaze kubikuza Miliyoni zigera kuri 99, bafatwa batari bazikuraho zose kuko kuri konti hafatiweho 65, izindi miliyoni 30 ni zo bagiye bagabagana bazishyira kuri konti zabo, bafatwa bagiye kuyashyira mu gihugu cy’abaturanyi.

Umuvugizi wa RIB avuga ko babajije abafatiwe muri ubu bujura impamvu bahisemo kujya kubikorera mu kindi gihugu basubiza ko batari bizeye ko inzego z’ubuyobozi bwo mu Rwanda butabafata ndetse ko bigoye kuba bakumvikana n’umunyarwanda kugira ngo abahe icyuho cyo gukora ubwo bujura.

Aba bakurikiranyweho ibyaha bigera kuri 4 gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi cyangwa kuwujyamo, icyaha cy’iyezandonke, kwinjira mu makuru abitse muri mudasobwa cyangwa mu rusobe rwa Mudasobwa, n’icyaha cy’ubujura.

Dr Murangira avuga ko ibi byaha uko ari bine bakurikiranyweho bihanwa n’ibihano bitandukanye biri hagati y’imyaka ibiri n’imyaka 15, kuko nk’icyaha cy’iyezandonke gihanishwa hagati y’imyaka 10 na cuni n’itanu y’igifungo ndetse hakiyongeraho n’ihazabu y’amafaranga yikubye kuva kuri gatatu kugera kuri gatanu z’agaciro k’indonke yejejwe.

Dr Murangira yibukije za Banki kubaka uburyo buhamye bwo kurinda umutekano w’amafaranga aho bashobora kubaka uburyo umuntu umwe adakwiye kwiharira ijambo ry’ibanga ‘Pass word’ wenyine ahubwo igakoreshwa n’abantu benshi kugira ngo ubikuza abashe kubigeraho hagira n’igikorwa kikamenyekana bitewe n’abo bantu bayikoresha.

Ubutumwa yahaye Abanyarwanda cyane urubyiruko ni ukwirinda kwishora mu bikorwa bituma bafungwa.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *