wex24news

APR FC yerekeje muri Tanzania

Ikipe ya APR FC yerekeje muri Tanzania gukina na Simba SC mu birori byabo bya “Simba Day” bizaba ku wa Gatandatu tariki 3 Kanama 2024. 

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 1 Kanama 2024, ni bwo iyi kipe yahagurutse mu Rwanda yerekeje muri Tanzania iyobowe ‘Chairman’ wayo Col Karasira Richard. 

Umukino wa gishuti hagati ya Simba SC na APR FC uzaba ku wa Gatandatu tariki 3 Kanama saa kumi n’ebyiri n’igice, kuri Benjamin Mkapa Stadium izaba yuzuye abafana ibihumbi 60.

APR FC izahagarira u Rwanda mu mikino ya CAF Champions League aho yamaze gutombola Azam FC yo muri Tanzania mu ijonjora rya mbere.

Simba Day imaze kuba umuco, ibanzirizwa n’icyumweru cyatangiye tariki ya 24 Nyakanga, ahakorwamo ibikorwa bitandukanye birimo gutanga amaraso, gufasha abatishoboye n’ibindi.

Igikorwa cyo ku munsi nyirizina kibanzirizwa n’ibirori byitabirwa n’abahanzi bakomeye aho mbere yo gukina umukino wa gicuti, iyi kipe ibanza ikerekana abakinnyi bashya iba yasinyishije, aho kugeza ubu ikomeje kwiyubaka mbere yo gukina muri CAF Confederation Cup y’uyu mwaka.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *