wex24news

Ingabire Diane ntiyasoje Irushanwa

Nyuma yo kugira ibyago byo kuba uwa nyuma mu isiganwa rye rya mbere ubwo basiganwaga n’igihe mu cyumweru gishize, Umunyarwandakazi Ingabire Diane yongeye gukubitika ubwo yananirwaga gusoza isiganwa  yasiganwaga mu muhanda hamwe n’abandi mu Mikino Olempike iri kubera i Paris.

Ku Cyumweru tariki ya 4 Kanama ni bwo abagore 92 bahagurutse ahitwa Trocadéro, aho banyonze amagare ibilometero 158 mu muhanda, bahatanira umudali wa Zahabu.

Kimwe na bagenzi bamaze guhatana, Umunyarwandakazi Ingabire Diane akomeje kutoroherwa n’Imikino Olempike kuko ari mu bakinnyi 14 batabashije gusoza iy’uyu munsi.

Iri risaganwa ryegukanwe n’Umunyamerika Kristen Faulkner wakoresheje amasaha atatu, iminota 59 n’amasegonda 23. Uyu munyamerika yahise yandika amateka kuko hari hashize imyaka 40 nta mugore w’Umunyamerika utwara umudali wa zahabu mu Mikino Olempike yo gusiganwa banyonga amagare mu muhanda.

Ubwo Ingabire Diane yaherukaga mu muhanda ku wa 27 Nyakanga basiganwa n’igihe, yari yabaye uwa 35 mu bakinnyi 35, asizwe iminota umunani n’amasegonda 27.

Kuri ubu, mu bakinnyi umunani baserukiye u Rwanda, hasigaye Mukandanga Clémentine uzakina Marathon (gusiganwa ku maguru ibilometero 42) ku Cyumweru, tariki ya 11 Kanama 2024.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *