wex24news

Korali Jehovah Jireh yateguye igitaramo gikomeye

Korali Jehovah Jireh ya CEP ULK Post Cepiens yararikiye abantu bose kwitabira igiterane cy’imbaturamugabo kigamije gutarura Intama zazimiye no guha ibyiringiro imitima y’abimariyemo ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo.

Iki Giterane cyiswe “Imana iratsinze Live Concert ” kigiye kuba ku nshuro ya Kabiri, giteganyijwe kubera muri Stade ya ULK mu Mujyi wa Kigali ku wa 22 Nzeri 2024.

Ni igiterane cyatekerejweho mu rwego rw’ivugabutumwa ryagutse kandi rifite intego yo kuvana abantu mu byaha no mu ngeso mbi zitandukanye.

Gifite kandi intego yo gusengera abari barateye umugongo umukiza kugira ngo bagire icyerekezo gishya kibaganisha aheza haba mu myizerere no mu iterambere ry’igihugu.

Muri iki giterane Jehovah Jireh izaba iri kumwe n’andi makorali atandukanye arimo Chorale Hoziana ndetse na Ntora Worship Team.

Korali Jehovah Jireh yatangiye umurimo w’Imana mu 1998. Yamamaye mu ndirimbo nka “Gumamo”, “Turakwemera”, “Umukwe araje”, “Tugufitiye icyizere Mana”, “Izahanagura amarira”, “Imana yaraduhamagaye”, “Kugira ifeza”, “Guma muri Yesu”, “Ingoma yawe”, “Intsinzi” n’izindi.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *