wex24news

Igisirikare cya Somalia cyataye muri yombi umuyobozi wa Al Shabab

Kuri uyu wa Gatatu, Somaliya yatangaje ko yafashe umunyamuryango mukuru w’umutwe w’iterabwoba al-Shahaab mu Ntara ya Galgadud iherereye mu gihugu rwagati.

Minisiteri y’ingabo y’igihugu mu itangazo rigufi yavuze ko Ingabo z’igihugu cya Somaliya (SNA) zafashe Ali Geelle, umuyobozi mukuru w’umutwe w’iterabwoba ufatanije na al-Qaeda, al-Shabaab, mu gikorwa cya gisirikare cyabereye mu ntara yo hagati ya Galgadud, nk’uko Minisiteri y’ingabo y’igihugu yabitangaje.

Minisiteri yagize iti: “Ifatwa ryabereye mu Karere ka Galhareeri, mu Ntara ya Galgaduud, ryanatumye hafatwa imodoka, imbunda n’amasasu.”

Yongeyeho ko uyu Geelle yari azwiho ibikorwa by’ubwambuzi bukoresheje ikiboko no kwinjiza abana mu mutwe wa Al Shabab nk’uko tubikesha Anadolu Agency.

Ingabo z’igihugu cya Somaliya, zishyigikiwe n’imitwe y’abaturage yo kwirwanaho, zimaze imyaka ibiri n’igice zirwana na al-Shabaab mu ntara zo mu majyepfo no hagati mu gihugu, aho zibohora uduce twinshi, harimo n’umujyi wa Haradhere uri ku nkombe z’akarere ka Mudug.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *