wex24news

Hagiye kwibukwa Umuramyi Gisèle Precious

Hateguwe igikorwa cyo kwibuka  Umuhanzi Nsabimana Gisèle Precious, wamenyekanye mu ndirimbo ziramya zikanahimbaza Imana, umaze imyaka ibiri yitabye Imana.

Gisèle Precious  yitabye Imana kuwa 15 Nzeri 2022, apfuye bitunguranye.

Igikorwa cyo kwibuka uyu muramyi kizaba ku wa 20 Nzeri 2024, mu Karere ka Rubavu aho uyu muhanzi yari atuye.

Gisèle Precious  yari azwi cyane mu ndirimbo ziramya zikanahimbaza imana zirimo “Imbaraga z’amasengesho”, “Urampagije”, “Niwe”, “Inzira zayo”, “Umusaraba” n’izindi.

Uyu muhanzi akaba yarasize Umugabo n’umwana umwe.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *