wex24news

nyuma yuko Pudence Rubingisa ahiduriwe inshingano Umujyi wa Kigali urara ubonye umuyobozi.

Dr Kayihura avuga ko Umujyi wa Kigali uza kurara ubonye abayobozi bashya kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Ukuboza 2023, nyuma y’amatora aza gukorwa mu masaha y’igicamunsi.

Abaza gutorwa ni Umuyobozi usimbura Pudence Rubingisa wagiye kuba Guverineri w’Intara y’Uburasirazuba, hamwe n’usimbura Dr Merard Mpabwanamaguru wari Umuyobozi wungirije ushinzwe Imiturire n’Ibikorwa Remezo. Icyakora nta byinshi Dr Kayihura yashatse gusobanura kuri Mpabwanamaguru wakuwe mu Bajyanama, ntihamenyekane impamvu cyangwa ahandi yaba yerekeje.

Dr Kayihura avuga ko nyuma y’indahiro z’abo bajyanama bashya kuri iki gicamunsi, hakurikiraho amatora y’abayobozi bashya b’Umujyi wa Kigali.

Dr Kayihura avuga ko Urujeni aza gukomeza kuba Umuyobozi wungirije ushinzwe Ubukungu n’Imibereho y’Abaturage mu Mujyi wa Kigali, nubwo uyu munsi ayoboye imyanya itatu by’agateganyo.

Abajyanama b’Umujyi wa Kigali baza kwitoramo Abayobozi b’uyu Mujyi ni Dr Kayihura Muganga Didas , Nishimwe Marie Grace, Baguma Rose, Bizimana Hamiss, Kajeneri Mugenzi Christian, Muhutu Gilbert, Urujeni Martine, Rutera Rose, Umutesi Geraldine, Samuel Dusengiyumva na Solange Ayanone.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *