wex24news

Rutsiro: Umukobwa udafite ikimasa ntabona umugabo.

Mu karere ka Rutsiro mu murenge wa Mushubati ababyeyi n’abakobwa bararira ubudahora, ni nyuma yuko hadutse umuco wuko nta mukobwa warongorwa adahaye Umusore ikimasa.

Ni ibintu bisa nk’ibimaze kuba umuco kuko umukobwa ugejeje imyaka 25 atarashaka agomba guha umusore ikimasa kugira ngo amurongore, utagifite ahera iwabo.

Bamwe muri aba babyeyi bavuga ko byamaze kuba nk’ihame ntakuka ku bakobwa bagejeje iyo myaka y’ubukure

Ababyeyi bavuga ko barwana no kubona ibimasa kugirango baguririre Abakobwa babo abagabo.

mubatanze ubuhamya harimo uwagize ati” Nta musore uba ukimwiteza ahubwo umukobwa ufite ikimasa akabona uwo agiha aba ari amahirwe cyane.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rutsiro ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage, Umuganwa Marie Chantal yavuze ko uwo muco ari nk’agashya kavutse batari bamenya ibyayo makuru.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *