wex24news

Heritier Nzinga Luvumbu yasinye mu ikipe nshya.

Heritier Nzinga Luvumbu uheruka gutandukana na Rayon Sports yo mu Rwanda ariko yarahanwe na FERWAFA amezi 6, yamaze gusinyira imbanziriza masezerano na AS Vita Club y’iwabo muri DR Congo.

Uyu mukinnyi yavuye mu Rwanda muri uku kwezi kwa Gashyantare nyuma yo gusesa amasezerano yari afitanye na Rayon Sports kubera kwigaragaza nk’uvanga siporo na politiki.

Yabikoze mu mukino wa shampiyona w’umunsi wa 20 wabaye ku Cyumweru tariki ya 11 Gashyantare 2024 aho Rayon Sports yatsinzemo Police FC 2-1. Igitego cya mbere cyatsinzwe na Luvumbu.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *